Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Perezida Museveni wa Uganda yanenze ONU iri muri Kongo ’guhera mu mwaka wa 1960, ariko abantu bakaba bakomeje gupfa b

Tuesday 29 January 2019
    Yasomwe na

Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo yavugiye mu murwa mukuru Kampala, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yavuze ko ashidikanya ku kamaro k’umuryango w’abibumbye, ndetse avuga ko leta ya Somalia nta "buyobozi buhamye" ifite.

Yavuze ko Somalia ari urugero rumwe yatanga, ariko yirinda gutanga izindi ngero z’ibindi bihugu "ku mpamvu za diplomasi [imibanire y’ibihugu]".

Perezida Museveni wa Uganda ari ku butegetsi guhera mu mwaka wa 1986
Bwana Museveni yavuze ayo magambo ku wa mbere, mu nama ngaruka mwaka y’abakora mu rwego rw’ubucamanza rw’iki gihugu.
Mu ijambo rye, yanenze ONU, by’umwihariko ku kuba ihagarariwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo "guhera mu mwaka wa 1960, ariko abantu bakaba bapfa nk’isazi".

Muri iryo jambo rye, Bwana Museveni yanagaragaje amakenga ku mutekano bivugwa ko wagaruwe n’ubutumwa bw’ingabo za ONU zikorera muri Kongo buzwi nka MONUSCO.

Yagize ati: "Ugiye muri Mali, ukajya n’aho handi hose, ndetse no muri Nigeria. Hari ibibazo bikomeye. [No muri] Tchad. Ariko hano twe twashinze inkingi y’umutekano".

Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The Economist, ikigero cy’ibyaha muri Uganda kiraringaniye nubwo ibikorwa by’ubujura bikomeje kwiyongera. Iki kinyamakuru cyongeraho ko umutekano mucye wahindutse ikibazo cya politiki muri iki gihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru