Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Perezida Ndayishimiye jiyemeje gutokor agatotsi mu mubano w’u Burundo n’u Rwanda

Monday 25 January 2021
    Yasomwe na

Perezida w’u Burundi Gen. Evariste Ndayishimiye yatangaje ko nubwo umubano w’igihugu cye n’u Rwanda urimo agatotsi hari byinshi birimo gukorwa kugira ngo wongere ubashe kumera neza, agaragaza ko afite ikizero ko mu minsi ya vuba ibibazo biwubangamiye bizaba bimaze kuvanwa mu nzira.

Yabitangaje kuri iki Cyumweru Tariki 24 Mutarama 2021 ubwo hatorwaga Umunyamabanga Mukuru wamusimbuye mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko umubano w’u Burundi n’ibihugu by’amahanga umeze neza usibye uw’u Burundi n’u Rwanda. Gusa yavuze ko hari ibiri gukorwa kugira ngo uwo mubano w’ibihugu bifatwa nk’abavandimwe ubashe kumera neza.

Ati”Turimo kubona Umubano mu gihugu umeze neza,igihugu cy’igituranyi nicyo bimeze nk’ibirikugenda biguru ntege,ariko tugeze ahantu hashimishije.Ubu tumaze kubona ko Icyo dupfa cyamaze kumenyekana bakizi natwe tukizi Kandi bagicyemuye murabizi ko bariya ari abavandi.

U Rwanda dusangiye byinshi dusangiye uniform dusangiye ururimi,ntibikwiye ko twabaho mu makimbirane ariko Ngira ngo kubera ko turi ababyara tuba turi kubyaruzanya”.

Yakomeje agaira ati”Baravuga bati ubonye abavandimwe barwana ntuzajye hagati kuko ubwabo baba bazi Icyo bapfa kandi bahita bagikemuye.Mwene wanyu niyo yaba aje kugukubita agafuni,arahindukira akagukubita umuhini.Njye mfite ikizere kinini cyane ko igihugu cy’u Rwanda ejo tuzaba dukundana”.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi wajemo agatotsi mu 2015 ubwo mu Burundi hageragezwaga gushaka guhirika ubutegetsi bwa nyakwigendera Perezida Nkurunziza.

Kuva icyo gihe ibihugu byombi byakomeje gushinjanya guhungabanya umutekano kuri buri ruhande aho u Butundi bwashinjaga u Rwanda gucumbikira abashatse guhirika ubutegetsi,ariko u Rwanda rukabyamaganira kure, ahubwo rukagaragariza u Burundi ko bucumbikira ndetse bukanaha inzira abahungabanya umutekano warwo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru