Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

"Perezida Tinubu ameze neza"- Umuvugizi wa Perezida wa Nigeria

Wednesday 28 January 2026
    Yasomwe na

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, ameze neza nk’uko byemejwe n’umwe mu bamuri hafi, nyuma yo kunyerera akagwa mu muhango wo kumwakira mu ruzinduko rwe muri Turukiya.

Uyu perezida w’imyaka 73 yari ari mu murwa mukuru Ankara, aho yakirwaga na Perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdogan, ubwo yarimo kugenda akanyerera agahita agwa hasi, ahita afashwa n’abari bamwegereye.

Amashusho yafatiwe aho byabereye yerekanye abantu bamufasha kugera hasi, mbere y’uko amashusho akurwaho kuri televiziyo, hanyuma hashize iminota mike bongera kugaragaza Tinubu ahagaze iruhande rwa Erdogan.


Amashusho ya Perezida Bola Tinubu ubwo yagwaga

Ibyabaye byagaragaje ko nta kibazo gikomeye yagize, ndetse Sunday Dare, umwe mu bakozi ba hafi ba Perezida, yavuze ko Tinubu yakomeje inama yari iteganyijwe ko yagombaga kugirana na mugenzi we.

Mu gusobanura ibyabaye, umuvugizi wa perezida, Bayo Onanuga, yatangaje ko Tinubu yakandagiye ku cyuma cyari hasi, bigatuma anyerera.

Yongeyeho ko atari ikibazo gikomeye, uretse ku bashatse kugishyira mu bindi, ashimangira ko atari ukugwa gukomeye ahubwo kwari ukunyerera gusa, Imana ishimwe.


Perezida Bola Tinubu yaganiriye na Erdogan wa Turkiya

Mu mwaka wa 2024, Tinubu ubwo yagwaga mu ruhame, yari yabigize urwenya avuga ko abantu baketse ko yari ari kubyina.

Nyuma y’iyo nama hagati ya Tinubu na Erdogan, Turukiya yatangaje amasezerano mashya y’ubufatanye na Nigeria mu nzego z’ubukungu, ubucuruzi n’igisirikare.

Tinubu yageze ku butegetsi mu 2023 nyuma y’amatora, ariko ubuzima bwe bukomeje kuvugisha benshi mu baturage ba Nigeria.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru