Kuri uyu wa mbere Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yitezwe gusaba ibihugu bikize ku Isi biri mu itsinda rya rya G7 ko byamuha izindi ntwaro ziremereye, zo kuzimya umuriro w’intambara akomeje kugabwaho n’Uburusiya.
Iri itsinda rigizwe n’ibihugu bya Canada, Ubufaransa, Ubudage, Ubutaliyani, Ubuyapani, Ubwongereza n’Amerika hamwe n’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE). Mu minsi ishize Uburusiya bwarashe ibisasu bya misile ku Murwa Mukuru Kyiv no mu tundi duce mu mpera z’icyumweru gishize, bikica nibura umuntu umwe.
Mu burasirazuba bwa Ukraine, Uburusiya bwafashe byuzuye umujyi wa Severodonetsk, ubu bukaba bugambiriye gufata umujyi uri hafi aho wa Lysychansk. Ku cyumweru, Zelensky yavuze ko gutinza guha intwaro igihugu cye ari uguha "ubutumire Uburusiya bwo kurasa nanone".
Avuga ijambo rya buri munsi ryo mu buryo bwa videwo, yanasabye ubwirinzi bwo mu kirere,
Yagize ati: "Abafatanyabikorwa bacyeneye gukora vuba cyane kurushaho, nta kuba indorerezi".
Intambara yo muri Ukraine ni yo ngingo ya mbere iri kuri gahunda y’inama ya G7. Ibihugu biri muri iri tsinda byitezwe gusezeranya guha Ukraine ubundi bufasha bwa gisirikare no gufatira Uburusiya ibindi bihano. Abakuru b’ibihugu bo mu burengerazuba (Uburayi n’Amerika) barimo kugerageza kugaragaza ko bashyize hamwe.
’Chancellor’ w’Ubudage Olaf Scholz yavuze ko ibisasu Uburusiya bwarashe kuri Ukraine bigaragaza ko "bikwiye ko habaho kwishyira hamwe mu gufasha Abanya-Ukraine". Mbere yaho, Perezida w’Amerika Joe Biden yavuze ko Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin arimo gucungira ku kuba umuryango w’ubwirinzi bwa gisirikare bw’Uburayi n’Amerika (NATO/OTAN) na G7 "bishwanyuka... ariko ntitwashwanyutse kandi ntibizanabaho".
Ariko umunyamakuru wa BBC ari nayo dukesha iyi nkuru ukurikiranira hafi iby’umubano w’ibihugu James Landale, uri muri iyi nama, avuga ko ubumwe bw’uburengerazuba kuri iyi ntambara bwatakaje imbaraga mu byumweru bya vuba aha bishize.
Uyu munyamakuru avuga ko abategetsi bamwe barimo kwiga ku mubano w’igihe kirekire n’Uburusiya, naho abandi bakaba barimo gushimangira ubufasha bukomeye kandi burambye kuri Ukraine.
Iyi nama ya G7, irimo kubera mu mujyi wa Bavaria mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’Ubudage, nyuma irakurikirwa n’inama ya OTAN ibera muri Espagne muri iki cyumweru, Zelensky akaba yitezwe kuyivugamo ijambo na yo.



















