Umuvigizi akaba na Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Uganda, Jacob Oulanyah yitabye Imana.
Yari Perezida wa 11 wa Uganda wasimbuye umugore Rebecca Kadaga.
Ni inkuru mbi kandi yashegeshe na Perezida Yoweli Kaguta Museveni uherutse kumushyira kuri uwo mwanya.
Oulanyah yatangiye kuyobora Inteko ishinga amategeko ya Uganda mu mwaka wa 2021.
Yaguye mu bitaro by’i Seatle muri Leta zunze ubumwe z’Amerika mu ijoro ryacyeye aho yarimo kwivuza.
Uwari umwungirije witwa Anita Annet Among yari aherutse kuvuga ko yasuye Jacob Oulanyah aho yari arwariye mu minsi micye ishize kandi ngo yagaragaraga nk’umuntu uri kugarura agatege.



















