Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye imyaka myinshi.
Leta ya Abu Dhabi yatangaje uru rupfu yavuze ko nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Perezidanse.
sheikh khalifa bin zayed al nahyan yapfuye afite imyaka 73 y’ubukure
Ibi byatumye ibihugu byo mu bigobe bya Peresi bishyiraho icyunamo cy’iminsi 40 guherakuri uyu wa Gatanu ubwo yari amaze gushiramo umwuka.
Visi Perezida akaba n’Umuyobozi w’Umujyi wa Dubai Sheikh Mohammed bin Rashid, yagaragaje akababaro yatewe n’iyi nkuru y’inshamugongo.
Ati: “Mu kababaro n’agahinda kenshi, tubabajwe no kwifatanya n’abaturage ba UAE, ibihugu by’Abarabu n’Abayisilamu ndetse n’Isi mu kunamira Perezida w’Igihugu cyacu Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan, Umuyobozi w’urugendo rwacu. Allah ahire roho ye kandi ayorohereze mu rugendo rushya rwa nyum y’ubu buzima kandi azahabwe isumbwe rikomeye muri Paradizo.”
Abandi bayobozi bakomeye ku isi bakomeje kwifatanya na UAE ibuze umuyobozi w’icyitegererezo, bose bakaba bakomeje kumwifuriza iruhuko ridashira.




















