Sosiyete y’indege "Qatar Airways" yatangaje ko mu ntangiriro za Gashyantare igiye guhagarika gahunda yo gutega indege (bookings) ku bagenzi bava mu bihugu bitatu birimo n’u Rwanda ku batarabikoze mbere.
Yabitanarije ku rukuta rwa Twitter tariki ya 29 Mutarama2021 aho yavuze ko igiye guhagarika abashaka gukora ingendo zerekeza yo bava mu bihugu ari byo Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Afurika y’Epfo n’u Rwanda guhera tariki ya 5 Gashyantare 2021.
Sosiyete ya RwandAir nayo imaze kubona izo mpinduka, yamenyesheje abagenzi yajyaga ikura Nigeria bajya ako kanya Dubai ko gahunda ihagaze uhereye tariki ya 31 Mutarama 2021, bakazamenyeshwa impinduka igihe zizaba zabayeho.
Mu minsi ishize ni bwo Ubwami bw’Ubwongereza bwashyize u Rwanda mu bihugu bitemerewe gukandagizayo ikirenge, ku mpamvu z’ubwandu bushya bwa Coronavirusi bumaze iminsi bugaragaye no muri Afurika y’Epfo buvuye mu Bwongereza.
Gusa u Rwanda ntirwariye indimi kuko ejo tariki ya 30 Mutarama rwahise rusaba Ubwongereza.ibisobanuro ku cyo bwashingiyeho burushyira mu bihugu bifite ubwandu bushya bwa corona kandi ibigo mpuzamahanga ndetse na siyansi zitandukanye zerekana ko u Rwanda rufite ingamba zitomoye zo gukumira ikwirakwira rya coronavirusi isanzwe.

















