Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Red-Tabara yarashe ku ngabo z’u Burundi ihitana bamwe

Monday 26 February 2024
    Yasomwe na

Abarwanyi b’Umutwe w’inyeshyamba wa Red-Tabara bateye igitero ku ngabo z’u Burundi bahitana bamwe, babohoza intwaro banasenya Ingoro y’Ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD

Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Gashyantare 2024 ku birindiro bibiri by’ingabo z’u Burundi.

Imirwano yaguyemo abasirikare batandatu b’u Burundi nk’uko byigambwe na RED-Tabara.

Hafashwe kandi imbunda n’amasasu menshi n’ibindi bikoresho by’igisirikare cya Leta.

Mu butumwa bwo kuri X, Red-Tabara yavuze ko ibyo bitero bigamije kugamburuza ubutegetsi bwa Ndayishimiye bwanze inzira y’ibiganiro.

Iyi mirwano yangije kandi bikomeye ingoro y’ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi.

RED-Tabara yaherukaga kugaba igitero mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize.

Ni igitero cyabereye muri Vugizo, hafi y’umupaka na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, aho Leta yemeje ko cyaguyemo abantu 20.

Igisirikare cy’u Burundi ntacyo kiratangaza kuri iyi mirwano yo mu ijoro ryo ku Cyumweru.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru