Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore, by’umwihario mu karere ka Rutsiro ibirori byaranzwe no kuremera abatishoboye hanatangwa imashini zo kudoda u bakobwa babyariye iwabo basoje amasomo.
Ni umuhango wabereye mu murenge wa Boneza, hari umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerance, umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco Solange Tetero n’abahagarariye ingabo ku rwego rw’akarere.
Nyuma yo gutanga amatungo magufi ku miryango imwe n’imwe itishoboye, abakobwa babyariye iwabo basoje amasomo yo kudoda bahawe impamyabushobozi, Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco nayo ibaha imashini zo kudoda.
Umuyobozi w’akarere Ayinkamiye yabwiye abo bakobwa bahawe izo mashini kuzikoresha neza kuzifata neza, zikabafasha kwiteza imbere.
Yabibukije ko izo mashini bahawe atari igihembo ku bw’ibyababayeho ahubwo ari uburyo bwo gukomeza kubaha intangiriro, anabasaba kugira uruhare mu gukumira inda zitifujwe mu bangavu.
Abakobwa bagize ikibazo bakabyarira iwabo bahawe impamyabushobozi y’amasomo yo kudoda basoje banahabwa imashini zo kudoda
Meya Ayinkamiye yasabye kandi n’abahawe amatungo magufi nabo kuyafata neza akabafasha kuzamura iminereho myiza yabo, no kwiteza imbere.

















