Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Rutsiro hatangijwe gahunda y’iminsi 12 igiye ukura abana mu mirire mibi

Thursday 11 March 2021
    Yasomwe na

Kuri uyu wa kne tariki ya 10/3/2021, mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Kivumu akagari ka Bunyunju, hatangijwe icyumweru cyahariwe indyo yuzuye kizamara iminsi 12 ari na yo umwana ashobora kuba akize imirire mibi mu gihe yamugaragayeho.

Iki cyumweru cyatangijwe n’Umuyobozi w’akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage Musabyemariya Marie Chantal, hari kandi n’abakozi b’Ishami ry’ubuzima mu karere.

Musabyemariya yagarutse ku kamaro ko kurinda umwana imirire mibi ahabwa indyo yuzuye.

Yagize ati ati: "Kurinda umwana imirire mibi ni ukubaka ejo heza h’u Rwanda. Munyemerere tugire umurenge uzira bwacyi, tugire akarere gafite abana bafite ubwenge, bazira kugwingira."

Musabyemariya yasabye kandi abaturage kugira isuku umuco ikabaranga mu gihe bategura ibyo kurya ndetse no ku mubiri, abasaba no gukomeza kuzirikana ko isuku ari isoko y’ubuzima bwiza.

Ku bijyanye na Mituweli, abaturage bashishikarijwe gutanga umusanzu wabo hakiri kare umwaka wa 2021/2022 wa mituweli ukazatangira biteguye ku buryo bahita bayikoresha igihe cyose baba bahuye n’uburwayi.

Kuri uyu munsi, hakaba hatanzwe urugero rw’indyo yuzuye abana bafite imirire mibi baragaburirwa, hatangwa imirama y’imboga itandukanye ku bufatanye n’Umushinga HINGA WEZE no gusura irerero ry’Ikirezi mu kugenzura uko abana baharererwa bahabwa indyo yuzuye.

Ibi bikorwa byo gusura amarerero, gusura ibikoni by’imidugudu n’ubukangurambaga ku ndyo yuzuye bikaba bizakomeza ku buryo bwihariye muri iki gihe cy’iminsi 12.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru