Rwakazina Marie Chantal yatorewe kuyobora Umujyi wa Kigali ku majwi 146 mu gihe Henriette Murekatete we bari bahanganye agize amajwi umunani.
Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, niwe watangaje ko abajyanama batoye ari 154, Murekatete Henriette agira amajwi umunani angana na 5.2%, naho Rwakazina Marie Chantal agira 146 angana na 94.8%.
Rwakazina Marie Chantal w’imyaka 45, arubatse, afite abana babiri. Yavuze ko yishimiye icyizere yagiriwe n’uwamutanzeho umukandida, biganye muri Kaminuza y’u Rwanda.
Arangije muri Kaminuza y’u Rwanda yarahigishije guhera mu 2000-2008, nyuma ngo asanga akeneye gukora mu nzego z’ibanze ubwo yasabaga akazi k’umukozi ushinzwe kongerera ubushobozi abayobozi b’inzego z’ibanze. Nyuma y’imyaka itatu yagizwe umuyobozi wungirije wa Ralga guhera mu 2010-2013.
Icyo gihe ngo yasanze bimwe mu nkunga n’imfashanyo bidasubiza neza ubushake n’iterambere ry’igihugu, asaba kujya mu Muryango w’Abibumbye ngo atange umusanzu, kuko yize ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu ari naho yakoze guhera mu 2013 kugeza ubu.
Ngo bitewe n’ubumenyi yari afite, basanze bidahagije bamugira “umuhuzabikorwa w’inkunga zose z’Umuryango w’Abibumbye mu bikorwa bya leta.” Uyu mugore yavuze ko yanagize uruhare mu gutegura gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi, cyane cyane mu cyiciro cy’ubukungu.
Tubabwire ko Rwakazina Marie Chantal yatorewe kuyobora Umujyi wa Kigali ku majwi 146 mu gihe Henriette Murekatete we bari bahanganye yagize amajwi umunani aho asimbuye Nyamurinda Pascal weguye kuri uyu mwanya ku mpamvu ze bwite.

















