Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Sergeant Robert yatawe muri yombi

Monday 16 May 2022
    Yasomwe na

Inzego z’umutekano muri Uganda zataye muri yombi Sgt Major Robert Kabera nyuma yo gusaka urugo rwe rwe bikekwa ko atunze imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uyu musirikare wamamaye mu muziki mu Ngabo z’igihugu RDF, yahunze u Rwanda mu mpera za 2020 acitse ubutabera akekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa ufite imyaka 15.

Bivugwa ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere aribwo yafashwe agafungirwa ahitwa Masanafu muri Kampala.

Uyu mugabo yabwiye abantu bo hafi ye ko inzego z’umutekano zasatse urugo rwe, zigasiga ibintu byose zibiteye hejuru.

Chimpreports yatangaje ko yamenye ko Robert yatawe muri yombi akurikiranyweho kwinjiza mu gihugu intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Sergeant Major Kabera Robert yamamaye nka “Sergeant Robert” nk’izina akoresha mu buhanzi.

Yatorotse igisirikare cy’u Rwanda mu 2020. Bivugwa ko tariki ya 21 Ugushyingo uwo mwaka, yasambanyije umwana we w’umukobwa ufite imyaka 15 mu rugo rwe ruri mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, nyuma yo gukora icyo gikorwa yahise aburirwa irengero.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru