Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Sudan yafatiriye imitungo ifite agaciro ka miliyari $4 ya Omar al-Bashir n’abantu be ba hafi

Sunday 24 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha bya ruswa rwatangaje ko rumaze gufatira imitungo ifite agaciro ka miliyari $4, yahoze ari iya Omar al-Bashir wahoze ari perezida w’icyo gihugu, umuryango we n’abantu be ba hafi.

Uru rwego rukomeje gukurikirana ibyaha bya ruswa runibanda kuri Bashir wayoboye icyo gihugu kuva mu 1989 nyuma yo guhirika ubutegetsi yifashishije igisirikare, nawe abukurwaho n’imyigaragambyo y’abaturage muri Mata 2019.

Umuvugizi w’iyi komisiyo, Salah Manaa, yabwiye abanyamakuru ati “Igereranya ryacu ry’imitungo, imigabane mu bigo bitandukanye n’inyubako tumaze gufatira ni hagati ya miliyari $3.5 na miliyari $4.”

Bashir yakuwe ku butegetsi nyuma y’imyaka 30 ndetse mu Ukuboza umwaka ushize yahamijwe ibyaha bitandukanye birimo ibya ruswa akatirwa gufungwa imyaka ibiri, ndetse anashakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ku byaha aregwa ko yakorewe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru