Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Umuhungu wa Kadhafi yakuwe mu bahirimbaniraga kuyobora Libya

Thursday 25 November 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Saif al-Islam Kadhafi, Umuhungu w’uwahoze ari perezida wa Libya Col Muammar Kadhafi cyangwa Gaddafi, yakuwe ku rutonde rw’abashaka kuba abakandida mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe tariki 24 Ukuboza 2021.

Komisiyo y’amatora ya Libya yangiye abakandida benshi kuri uyu mwanya barimo Saif al-Islam Kadhafi, ivuga "impamvu z’amategeko", nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

Kadhafi yari yateje impaka nyuma y’uko atangaje ko azahatanira kuba perezida.

Arashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kubera ibyaha by’intambara n’ubwicanyi acyekwaho ubwo se yari akiri ku butegetsi.

Gusaba guhatanira uwo mwanya kwa Khalfa Haftar nako kwateje impaka zikomeye mu gihugu kuko aregwa ibyaha bikomeye mu nkiko za Amerika, ariko ntabwo bizwi neza niba nawe ari mu bangiwe kwiyamamaza.

Abashinjacyaha ba gisirikare muri Libya basabye komisiyo y’amatora kwanga kandidatire za Kadhafi na Haftar kugeza basubije ibibazo ku byo baregwa.

Kugeza ku munsi ntarengwa wo kuwa mbere, abantu 60 bari batanze inyandiko basaba guhatanira kuba perezida.

Impirimbanyi y’uburenganzira Leila Ben Khalifa w’imyaka 46, niwe mugore rukumbi uri mu bifuza guhatana.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru