Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika Donald Trump yatangaje ko kuba yavuye igitaraganya mu nama ya G7 ntaho bihuriye nuko yaba ari gusaba ko Iran na Israel bahagarika imirwano ko ahubwo aruko hari ibyihutirwa aje gukemura imbere mu gihugu.
Ibi Perezida Trump yabigarutseho nyuma y’ibyatangajwe na Emmanuel Macron uyobora ubufaransa wavuze ko Trump yatashye kubera intambara ikomeje kubica bigacika mu burasirazuba bwo hagati, ni ibintu White House yamaganiye kure ivuga ko ntaho bihuriye n’ukuri.
Iran na Israel bamaze iminsi igera kuri itanu bahererekanya ibisasu ku mpande zombi aho itangazamakuru muri Iran rivuga ko haraye humvikana ibiturika byinshi hejuru y’umurwa mukuru Tehran ngo waterwaga n’ubwirinzi bwayo bwo mu kirere.
Mw’ijoro ryakeye kandi Perezida Trump abinyujije ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Social yashimangiye ko atazemerera Iran gutunga intwaro kirimbuzi, ndetse asaba abatuye Tehran kuhava bwangu.
Israel yatangaje ko yaraye inivuganye undi musirikari ukomeye mu gisirikari cya Iran nyuma y’ibitero bikaze yaraye igabye muri Iran, ndetse ikaba yanarashe kuri Televiziyo ya Iran mu gihe hari ibiganiro byanyuragaho Live.
Muri iki gitondo kandi igihugu cya Iran cyavuze ko cyohereje Ibisasu bya Missile ku butaka bwa Israel nubwo IDF (Igisirikari cya Israel ) cyemeje ko nyinshi zahanuriwe mu kirere.
























