Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Tanzania: Umupadiri arashinjwa gusambanya abana biteguraga isakaramentu

Tuesday 27 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umupadri muri Kiliziya Gatulika yo mu Burasirazuba bwa Tanzania yagejejwe imbere y’ubutabera aregwa gusambanya abana nk’uko bivugwa n’igipolisi.

Aba bana ni abanyeshuri bo kuva mu mwaka wa gatandatu kugera mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye bari biteguraga guhabwa ukarisitiya abandi biteguraga gukomezwa.

Umunyamabanga mukuru w’Inama nkuru y’Abepiskopi muri Tanzania, Padiri Charles Kitima, avuga ko Kiliziya izakorana n’ababishinzwe kugira ngo ubutabera buzaboneke muri uru rubanza.

Padiri Kitima yagize ati: “Ni ngombwa ko amategeko akora igikorwa cyayo kandi Kiliziya izafatana n’inzego zibishinzwe kugira ngo abahohotewe bahabwe ubutabera.”

Patiri yabwiye BBC kandi ko muri rusange Kiliziya Gaturika irwanya ihohotera rishingiye ku gitsina rikorerwa abana kuko urusengero ari inzu igomba kuba iyo amahoro kuri bose.

Ati: “Reka twemere ko iki ari ikibazo kijanye na kamere y‘ababikora, dufite abapadiri barenga 3.000 muri iki gihugu ariko muri bo harimo abo usanga bafite utunenge n’intege nke, ibyo bibaho.”

Padiri Kitima avuga ko ku Isi abantu nk’abo bahari, ko "rero dusabwa gufashanya nk’abanya muryango mu guhindura izo ngeso, kandi tugatanga amakururu iyo hari ikintu nk’iki kibaye".

Avuga kandi ko uburyo bwo gutanga amakuru muri Kiliziya bworoshye, kuva hasi kugera hejuru ku Nama nkuru y’abepiskopi, abantu b’abahanga mu gushaka ibisubizo ku bibazo nk’ibyo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru