Yanditswe na: Imfurayabo Pierre Romeo
Wema Sepeteu wabaye Icyamamare muri Sinema ya Tanzaniya, akaba yaranigeze kuba umukunzi wa Diamond urubanza amazemo iminsi rugeze ahakomeye aho agomba gusomerwa ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ku cyaha cyo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni.
Mu mwaka ushize tariki 15 UKwakira, nibwo hagaragaye amashuhso ku mbugankoranyambaga zikoresha na Wema Sepetu, amashusho yashyize hanze aeyamanye n’umukunzi we Patrict mu buriri.
Ifoto ya Wema Sepetu na Patrick yatumye ajyanwa mu rukiko
Bitewe n’uburyo uyu mukobwa Wema Sepetu yafatwaga nk’umukobwa w’icyitegererezo muri iki gihugu cya Tanzania, byahise bituma benshi mu banturage biganjemo n’abayobozi bamaganira kure ibi bikorwa bifatwa nk’urukozasoni byakozwe na Wema Sepetu.
Ibi kandi byaje no kurangira agejejwe mu nkiko,urubanza rwe rukaba ruteganyijwe kuzasomwa kuwa 21 Gashyantare, uru rubanza rukazasomerwa mu rukiko rwahitwa KISUTU.
Uwunganira Leta muri uru rubanza, Glori Mwenda yagize ati “ Inkuru nziza ihari ni uko iperereza ry’ibanze ryarangiye.Turasaba uregwa [Wema Sepetu] ko yasomerwa.”
Source/Bongo5.com





















