Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Tinubu akomeje kwanikira abo bahanganiye intebe y’Umukuru w’Igihugu cya Nigeria

Tuesday 28 February 2023
    Yasomwe na

Umukandida Perezida, Tinubu Bola Ahmed ari kuza imbere ya Atiku Abubakar na Peter Obi bahanganiye kwicara ku ntebe y’Umukuru w’igihugu cya Nigeria mu matora ya Perezida.

Amajwi yabaruwe mu ntara 14 muri 36 zigize Nigeria, Umukandida Perezida Tinubu w’Ishyaka riri ku butegetsi yatsinze ku gipimo cya 44%. Yakurikiwe na Kandida Atiku waje afite 33%.

Peter Obi wo mu ishyaka ry’abakozi we yabaruriwe amajwi 18% nabwo bitewe nuko yakubise inshuro Tinubu muri Leta ya Lagos ari nayo murwa Mukuru wa Nigeria.

Gusa nubwo amajwi yabaruwe gutyo muri izo ntara, Amashyaka ya The Peoples Democratic Party (PDP) na the Labour Party batangiye kuvuga ko hatabayeho umucyo mu kubarura amajwi bitewe na sisiteme y’ikoranabuhanga ikoreshwa.

Gusa nubwo bavuze batyo, komisiyo y’amatora yigenga yateye utwatsi ayo magambo, ivuga ko birimo gukorwa mu mucyo.

Chairman w’iyi Komisiyo, Mahmood Yakubu yavuze ko amajwi akomeza kubarurwa no mu zindi ntara.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru