Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more

Trump yasohowe mu kiganiro n’abanyamakuru kubera amasasu hafi ya White House

Tuesday 11 August 2020
    Yasomwe na

Urwego rw’ibanga rwasohoye igitaraganya Perezida Donald Trump wa Amerika mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’amasasu yarasiwe hanze y’ibiro bye White House.

Umukozi w’urwo rwego rufite mu nshingano kurinda abategetsi bakuru n’imiryango yabo, yazamutse aho Bwana Trump yari ahagaze ariho avuga maze aramwongorera.

Mu gihe yahise asohorwa muri icyo cyumba Bwana Trump yumvikanye avuga ngo "Oh" na "Ni ibiki biri kuba?". White House yahise ifungwa yose kubera ibi byabaye kuwa mbere.

Hashize iminota icyenda, Bwana Trump yagarutse, avuga ko ibintu byasubijwe mu buryo, ko hari umugabo warashwe.

Uru rwego rwagize ruti: "umuntu w’umugabo hamwe n’umukozi w’urwego rw’ibanga rwa Amerika bombi bajyanywe mu bitaro", rwongeraho ko "muri icyo gihe nta cyahungabanyije White House cyangwa uwo turinda wese".

Bwana Trump yabwiye abanyamakuru ko "mubyo yumvise", uru rwego rwarashe ukekwa wari ufite imbunda.

Yavuze ko atazi niba uwo muntu yari agamije kumugirira nabi.

Ati: "Wasanga ntaho bihuriye nanjye".

Umukozi w’urwo rwego rw’ibanga yazamutse aho Bwana Trump yari yicaye ariho avuga maze aramwongorera bahita bamujyanaAHAVUYE ISANAMU,REUTERS
Insiguro y’isanamu,
Umukozi w’urwo rwego rw’ibanga yazamutse aho Bwana Trump yari ahagaze ariho avuga maze aramwongorera bahita bamujyana

Bwana Trump ariko yemeje ko ari ikintu kidasanzwe, ashimagiza ubunyamwuga bw’uru rwego rumurinda.

Umunyamakuru yamubajije niba adafite ubwoba kubera ibimaze kuba.

Bwana Trump aramusubiza ati: "Urabona mfite ubwoba?"

Yongeraho ati: "Nta kundi aha ni ku isi, kandi isi nta gihe itabaye ahantu hateye akaga. Ntabwo ari ikintu cya hano gusa.

"Iyo usubije amaso inyuma mu binyejana byashize, ubona ko isi yahoze ari ahantu hateye akaga, hateye akaga cyane, bizakomeza, niko nkeka, mu gihe runaka".

Yabwiye abanyamakuru ko yaherekejwe akagezwa mu cyumba akoreramo ’Oval Office’ ubwo ibi byariho biba.

Abandi bategetsi basohowe muri iki kigani barimo minisitiri ushinzwe ubukungu n’ushinzwe ingengo y’imari. Icyumba cyaberagamo icyo kiganiro cyahise gifungwa.

Ibiro ntaramakuru bya Amerika bivugwa ko umuntu warasiwe hafi aho ashobora kuba yakomeretse bikomeye cyane.

Bivugwa kandi ko bari gusuzuma niba uwateye aha hantu nta kibazo cyo mu mutwe yaba afite.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru