U Rwanda rurashaka kuba izingiro ry’ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu ndege mu karere nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye.
“Turareba u Rwanda nk’izingiro ry’akarere, bitari ukwibanda cyane gusa ku rujya n’uruza rw’abagenzi ahubwo n’imizigo. turi gutekereza gushyiraho umujyi w’ikibuga cy’indege uzahuzwa bya hafi n’icyanya cyahariwe inganda, na pariki y’imyidagaduro“, ibi ni ibyatangajwe na ean de Dieu Uwihanganye mu nama ya 7 yigaga ku kwagura ibibuga by’indege muri Afurika iteraniye i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere, itariki 25 kugeza 26 Gashyantare.
Ikigamijwe ngo ni uguhindura u Rwanda izingiro ry’ibijyanye n’indege mu karere hatangwa serivise z’ubwikorezi bwo mu kirere zigezweho kandi zikurura abazishaka hifashishijwe ibikorwaremezo byiza ndetse no kurushaho guha ubushobozi kompanyi y’indege y’igihugu ngo irusheho gupiganwa.
Jean de Dieu Uwihanganye ati: “Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho icyerekezo kigamije kugira igihugu gito cyo muri Afurika yo hagati rimwe mu mazingiro manini y’iby’indege muri Afurika.”
Iyi nama iteraniye mu Rwanda isoza imirimo yayo kuri uyu wa Kabiri yahuriyemo abahagarariye ibiyanye n’indege za gisivili, abakuriye urwego rw’ubwikorezi, abashoramari, abafite kompanyi z’indege n’impuguke mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere ngo baganire ku cyakorwa mu guteza imbere urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika.
U Rwanda rurimo kubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga gishya mu Bugesera biteganyijwe ko kizajya cyakira abagenzi miliyoni imwe na magana cyenda (1,9) buri mwaka.
Kompanyi y’indege y’igihugu, Rwandair, ifite indege zigera kuri 12 harimo ebyiri nini zo mu bwoko bwa Airbus A330, kuri ubu ikora ingendo mu bihugu 26 hirya no hino muri Afurika, ndetse ikagera mu Burasirazuba bwo Hagati, mu Burayi no muri Aziya.


















