Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more

U Rwanda rwahawe izindi Robots mu rugamba rwo guhangana na Coronavirusi

Tuesday 9 February 2021
    Yasomwe na

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere (UNDP) ryashyikirije Leta y’u Rwanda robo (robots) eshatu zizifashishwa n’inzego z’ubuzima mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Ni robo zashyikirijwe ibitaro bya Nyarugenge, kuri ubu byagizwe Ikigo k’Ikitegererezo mu kwita ku barembejwe na Coronavirusi, bakeneye ubufasha bwisumbuye.

Izo Robots ngo zizifashishwa mu gusukura ahantu hahurira abantu benshi nko ku bitaro, ku masoko, ku bibuga by’indege no ku mipaka, hagamijwe kurushaho guhangana n’ikwirakwira rya COVID-19.

Izi robots nshya zatanzwe ku bufatanye na ‘THOR UVC’ z uko ari 3 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 210, zikaba zije zisanga izindi 5 na zo zatanzwe muri Gicurasi 2020 na UNDP ku bufatanye na ‘ZORABOTS’, zifite agaciro ka miliyoni 180.

Ubuyobozi bwa UNDP bwagize buti: “Robo nshyashya z’Ikigo THOR UVC zizifashishwa mu gusukura ku bigo bivurirwamo abarwayi ba COVID-19, ku bitaro ndetse n’ahandi hantu hahurira abantu benshi nk’amasoko, ibiro cyangwa imipaka hagamijwe guhagarika ikwirakwira rya COVID-19.”

Izi robo zivugwaho kuba zifite ubushobozi buhambaye burimo n’ikoranabuhanga rizifasha kumenya aho zamaze gusukura no gutera umuti uhagije mu kwica udukoko twose turangwa ahahurira abantu benshi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru