Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

U Rwanda rwatumije inkingo miliyoni zo gukingira ikiciro cya mbere

Thursday 21 January 2021
    Yasomwe na

U Rwanda rwatumije inkingo miliyoni 1 za COVID-19 zizahabwa ikiciro cya mbere cy’abakozi bakora akazi nk’ako kwa muganga no mu nzego z’umutekano, kabashyira mu byago byo kwandura byihuse n’abari mu za bukuru hejuru y’imyaka 65 y’amavuko kimwe n’abafite indwara zikomeye zigabanya ubudahangarwa bw’umubiri.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo k’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Nsanziman Sabin, asobanura na gahunda igihugu giteganya mu gukingira abaturarwanda.

Ni inkingo zo mu kiciro k’izemejwe n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS. 

U Rwanda ruteganya gutangira gukingira ibyiciro by’ibanze mu kwezi gutaha, Werurwe 2021; gahunda yaguye ikaba ari iyo kuzakingira abaturarwanda 8 mu mwaka wose.

Dr. Nsanzimana yakomeje avuga ko byitezwe ko mu gihe cy’imyaka ibiri hazaba hakingiwe abantu miliyoni 8 hakaba hakingiwe 60% by’abaturage bose, bikazatwara leta miliyoni 124 z’Amadolari y’Amerika.

Ibihugu byo ku mugabane w’Afurika ntibiratangira kubona inkingo kuko byibumbiye hamwe n’ibindi ku isi muri gahunda y’ubufatanye yiswe CO-Vaccin bikazatuma igiciro kigabanuka hafi inshuro 2 ku giciro ziri kugura mu bigo bizikora.

U Rwanda rwahisemo kugura inkingo z’ibigo bibiri ari byo Fayzan na Moderna.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru