U Rwanda rwatumije inkingo miliyoni 1 za COVID-19 zizahabwa ikiciro cya mbere cy’abakozi bakora akazi nk’ako kwa muganga no mu nzego z’umutekano, kabashyira mu byago byo kwandura byihuse n’abari mu za bukuru hejuru y’imyaka 65 y’amavuko kimwe n’abafite indwara zikomeye zigabanya ubudahangarwa bw’umubiri.
Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo k’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Nsanziman Sabin, asobanura na gahunda igihugu giteganya mu gukingira abaturarwanda.
Ni inkingo zo mu kiciro k’izemejwe n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS.
U Rwanda ruteganya gutangira gukingira ibyiciro by’ibanze mu kwezi gutaha, Werurwe 2021; gahunda yaguye ikaba ari iyo kuzakingira abaturarwanda 8 mu mwaka wose.
Dr. Nsanzimana yakomeje avuga ko byitezwe ko mu gihe cy’imyaka ibiri hazaba hakingiwe abantu miliyoni 8 hakaba hakingiwe 60% by’abaturage bose, bikazatwara leta miliyoni 124 z’Amadolari y’Amerika.
Ibihugu byo ku mugabane w’Afurika ntibiratangira kubona inkingo kuko byibumbiye hamwe n’ibindi ku isi muri gahunda y’ubufatanye yiswe CO-Vaccin bikazatuma igiciro kigabanuka hafi inshuro 2 ku giciro ziri kugura mu bigo bizikora.
U Rwanda rwahisemo kugura inkingo z’ibigo bibiri ari byo Fayzan na Moderna.

















