Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Umuryango w’abibumbye (UN) washinje Ethiopia gukoresha kwicisha inzara nk’intwaro yo mu ntambara muri Tigray, aho uvuga ko ukutahagera kw’imfashanyo kwashyize mu byago 90% by’abaturage.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS), rivuga ko nta biribwa cyangwa imiti byari byagera mu karere ka Tigray ko mu Majyaruguru ya Ethiopia, nubwo mu cyumweru gishize hashyizwe umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano.
Umuyobozi Mmukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati: “Nta kintu na kimwe kirimo kugenda. Nari niteze ko ibiribwa n’imiti bitangira kuhagera ako kanya nyuma yo guhagarika imirwano. Ibyo ntibirimo kuba.”
Yavuze ko abantu barimo kwicwa no kubura ibiribwa ndetse bakicwa n’indwara zishobora kuvurwa.
Dr Tedros, ukomoka muri Tigray, yasabye ko itumanaho rya telefone risubizwaho, banki zikongera gukora, hamwe n’izindi serivisi z’ibanze.
Yavuze ko abantu miliyoni esheshatu bamaze imyaka ibiri batamenya ibibera ahandi ku isi nkaho batabaho.
Umutegetsi wo muri Ethiopia yavuze ko Dr Tedros arimo kugerageza kubangamira amasezerano y’amahoro - kandi ko ibiribwa n’imiti birimo kugera muri Tigray.
Yavuze ko umuriro w’amashanyarazi na serivisi z’itumanaho byasubijweho mu duce tumwe.




















