Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Uburusiya bwatangiye kurasa ku Murwa Mukuru wa Ukraine Antonio Guterres ahibereye

Friday 29 April 2022
    Yasomwe na

Intambara Uburusiya bwise ibikorwa bya Gisirikare kuri Ukraine, ikomeje gusenya ibitagira ingano muri iki gihugu ndetse ibisasu bikomeye byatangiye guterwa mu Murwa Mukuru wa Kyiv.

Ibisasu bya rokete byakubise ku murwa mukuru Kyiv wa Ukraine mu ruzinduko rw’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) muri uwo mujyi, kuri uyu wa Gatatu, aho yanenze akanama k’umutekano k’uyu muryango aboyoboye.

António Guterres yavuze ko ako kanama kananiwe gukumira cyangwa gusoza intambara yo muri Ukraine.

Yavuze ko ibi ari "Isoko y’akababaro kenshi, kubihirwa hamwe n’uburakari".

Yongeyeho ati: "Reka mbisobanure neza: kananiwe gukora buri kintu cyose gafite mu nshingano zako mu gukumira no gusoza iyi ntambara".

Aka kanama k’umutekano ka ONU, kagizwe n’ibihugu 15, by’umwihariko gafite inshingano yo gutuma ku isi habaho amahoro n’umutekano.

Ariko karanenzwe, harimo no kunengwa na leta ya Ukraine, kubera ko kunanirwa kugira icyo gakora kuva iyi ntambara yatangira mu kwezi kwa kabiri.

Uburusiya ni kimwe mu bihugu bitanu by’ibinyamuryango bihoraho by’ako kanama kandi bwaburijemo imyanzuro irenze umwe kuri iyi ntambara.

Ibyo Bwana Guterres yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kane nimugoroba ari kumwe na Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, usanzwe yaranenze akanama k’umutekano ka ONU.

Yagize ati: "Ndi hano kugira ngo nkubwire Bwana Perezida, n’abaturage ba Ukraine, ko tutazaterera iyo [tutazacika intege]".

Ariko Guterres yanashyigikiye umuryango ayoboye, yemera ko nubwo akanama k’umutekano "kagagaye", ONU irimo kugira ibindi ikora.

Yabwiye BBC ati: "ONU ifite abakozi 1,400 muri Ukraine barimo gutanga ubufasha, ibiribwa, amafaranga [n’] ubundi buryo bw’ubufasha".

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo ku wa kane, Perezida Zelensky yavuze ko Bwana Guterres yagize amahirwe yo kwibonera we ubwe "ibyaha byose byo mu ntambara" byakozwe n’Uburusiya muri Ukraine.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru