Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Ubuzima bw’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Buyapani buri hagati y’urupfu n’umupfumu

Friday 8 July 2022
    Yasomwe na

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’Ubuyapani Shinzo Abe yarasiwe mu birori yari arimo mu mujyi wa Nara. Umuyobozi wa Tokyo niwe wavuze ko ubu ubuzima bwe buri hagati y’urupfu n’umupfumu kuko amerewe nabi cyane.

Uyu wahoze ari minisiri w’intebe kuri ubu yari afite imyaka 67. Gusa yarasiwe mubirori muruhame aho kuko yahise yikubita hasi nyuma yo kuraswa amasasu 2 nk’uko BBC ibivuga.

Umunyamabanga mukuru wa guverinoma yavuze igihe yarasiwe anamaganira kure icyo gikorwa cyabayeho akita icya kinyamanswa .

Yagize ati “ uwahoze ari minisitiri w’intebe , Abe yarashwe ahagana 11:30 a.m mu mujyi wa Nara, umugabo ukekwaho kumurasa ubu bamugejeje muri gereza. Gusa ubu amakuru y’ubuzima bwa Abe ntabwo azwi”.

Yakomeje anenga cyane ubu bugizi bwa nabi bwabayeho aho yavuze ati “ ku mpamvu iyo ariyo yose igikorwa nk’iki cya kinyamanswa ntigikwiye kwihanganirwa kandi turacyamaganye”.

Gusa ngo ababibonye bavuze ko babonye umugabo afite imbunda nini.

Uwabonye igitero cyagabwe kuri Shinzo Abe yavuze ko yabonye uwamurashe yirukankana imbunda agahita arekura isasu rikamufata agahita agwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru