Mu gihe hamaze iminsi hatangajwe ko hari inkingo ebyiri zakorewe gukingira Coronavirusi zigeze mu kiciro cya nyuma k’igeragezwa, igihugu cy’ubwongereza cyemeye gukoresha rumwe muri zo, Pfizer/BioNTech, rukaba rugiye gukingirwa abantu benshi.
byatangajwe n’ikigo gishinzwe igenzura mu Bwongereza (the MHRA), cyavuze ko ruriya rukingo rushobora kurinda ikiremwamuntu kwandura coronavirusi ku kigereranyo cya 95%, rukaba rugiye gutangira guterwa abantu benshi mu cyumweru gitaha.
Igitangazamakuru cy’Ubwami bw’Ubwongereza, BBC dukesha aya makuru, yavuze ko abakeneye cyane uru rukingo bazaruterwa vuba barimo abageze mu zabukuru ndetse n’abamaze kwandura icyo cyorezo.
Ubwami bw’Ubwongereza bwamaze gutumiza inkingo miliyoni 40 zishobora gukingira abagera kuri miliyoni 20. muri zo, izigera ku ngingo miliyoni 10 ziraboneka mu gihe cya vuba, nibura muri zo ibihumbi 800 ziragera mu Bwongereza mu minsi mike cyane.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson yatangaje ko “Gufata neza inkingo bizadufasha gusigasira amagara yacu, ndetse n’ubukungu bwongere kuzahuka.”
Minisitiri w’Ubuzima mu Bwongereza, Matt Hancock yabwiye BBC ko abantu bakeneye cyane ruriya rukingo inzego z’ubuzima zizagenda zibahamagara bakajya kurufata.
Yagize ati: “Mfite ikizere ko aya makuru meza dufite, kuva mu Muhindo, kuri Pasika na nyuma yaho, ibintu bizarushaho kuba byiza, tuzagira Impeshyi nziza aho buri wese azaba ashobora kwishima.”
Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’Ubuzima mu Bwongereza (NHS), Sir Simon Stevens, yavuze ko biteguye kuzakingira abantu benshi mu mateka ya kiriya gihugu.
Mu Bwongereza kandi hateganyijwe ibitaro 50 n’ahandi hantu hanyuranye ubusanzwe habera inama hazakorerwa ibikorwa byo gukungira abantu.
Impuguke zivuga ko nubwo gukingira bigeye gutangira abantu bagomba guhora bari maso mu kubahiriza ingamba zijyanye no kwirinda Coronavirusi hagamijwe kwirinda kuyikurakwiza.
Urukingo rwa Pfizer/BioNTech rwakozwe mu bufatanye bw’Udage n’Ubwongereza ruzajya ruhabwa umuntu inshuro ebyiri mu ntera y’igihe k’iminsi 21. Rugura amadolari 20 kuri dose ebyiri.
Gusa nubwo bimeze gutyo, kugeza ubu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS ntiriragira urukingo na rumwe ryemeza ngo ruhabwe abaturage nk’urwego rwa nyuma rwemeza inkingo zose ku isi.

















