Igisirikare cya Uganda UPDF cyatangaje ko cyataye muri yombi abasore 20 bashakaga kwinjira mu gisirikare cy’igihugu bakoresheje ibyangombwa bihimbano.
Ni nyuma yuko muri iki gihe UPPDF irimo gushaka urubyiruko rw’abasore n’inkumi bageze ku bihumbi 20 bo kwinjira mu gisirikare cy’igihugu.
the Monitor yanditse ko urwo rubyiruko 20 tariki ya 26 (ejo hashize) rwafatiwe mu mugi wa Masaka ahatoranyirizwaga abinjira mu gisirikare rufite ibyangombwa bihimbano bya dipolome zigaragaza amashuri bize hamwe n’ingandamuntu bitari byo.
Umuvugizi wa Burigade ya Masaka Lt Ninsiima Rwemijuma yavuze ko abafashwe bajyanywe kuri polisi ngo bakorweho iperereza ku cyabibateye.
Yagize ati "“UPDF ireba gusa abakandida bujuje ibisabwa byerekana uko bize kandi bafite ubuzima bwiza bihagije gukorera igisirikare cy’igihugu. Ntituzihanagnira abagerageza ibyo."
ku cyumweru nibura urubyiruko rungana na 1,245 nibo bemerewe mu gihe abandi 859 batsinzwe igerageza ry’umubiri no kubura impapuro z’ibyo bize."
Nkuko yakomeje abisobanura, Lt Ninsiima Rwemijuma yavuze ko abatsinzwe wasangaga bafite ibibazo by’imivuduko y’umutima abandi bafite inkovu n’ibyo bishushanyije ku mibiri yabo, kandi bitemewe ku ngabo y’igihugu y’umwuga.
Kimwe n’ibindi bihugu byinshi ku Isi, abinjira mu gisirikare cya Uganda ni abasore n’inkumi bari hagati y’imyaka kuva kuri 18 kugeza kuri 15 y’amavuko kandi bafite ubuzima bwiza.



















