Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Ibitaro bya Atutur mu Karere ka Kumi bikorera munsi y’igiti kubera ibikoresho bike ndetse n’abarwayi bakirirwa munsi y’igiti.
Dr. Sarah Asio akaba ari umuganga muri iki kigo, yabwiye The Monitor ko ivuriro bayobora ryakira abantu 700 bafite indwara yo mu maraso n’abandi 400 barwaye diyabete.
Aho yivugiye uko byatangijwe kubera agahinda yatewe n’abarwayi yabonaga bababaye agira, ati “Nubwo ibintu bitameze neza, nakozwe ku mutima n’imibabaro y’abarwayi. Ivuriro ryatangiye mu 2015 ndetse n’abakozi bashinzwe ubuzima muri kiriya gihe ntibari bazi ibijyanye no kwita ku buzima cyane kandi banirengagizaga abarwayi, bityo mfata icyemezo cyo gufata iyambere ”.
Dr Charles Oyoo, komiseri ushinzwe indwara zitandura (NCDs) muri Minisiteri y’ubuzima muri Uganda, yabajijwe niba ibitaro byinshi bifite uburambe nk’ubwo bw’abakorera munsi y’igiti yavuze ko hari amafaranga make ku ndwaara za NCDs.
Ati: “Kubura umwanya ni ukuri mu bitaro byo bibaho. Ariko nanone biterwa n’ubwinshi bw’abarwayi n’uburyo ivuriro rikora. Rimwe na rimwe, tubagira inama yo gutegura ivuriro neza ku buryo twashaka aho rikorera mu nzu.”
Nk’uko byatangajwe na Dr Ann Akiteng, Umuyobozi wungirije wa Uganda Initiative ishinzwe gucunga neza indwara zanduza (UINCD), umuryango utegamiye kuri Leta ukorana na Minisiteri y’ubuzima mu rwego rwo gushimangira ubuvuzi bwa NCD, yavuze ko hazubakwa inyubako ya Atutur ku ndwara zo mu maraso n’ivuriro rya diyabete.
Yavuze ko ibi bizaba mu mushinga barimo gushyira mu bikorwa hagati ya 2022 na 2024. Iyi gahunda igamije kunoza uburyo bwo kwivuza, gutahura hakiri kare no gukumira indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Impfu zatewe na NCDs n’imvune mu gihugu zikubye kabiri mu myaka 20 ishize, zikaba zihitana 41% by’impfu z’umwaka ziterwa n’impamvu zose zandikwa mu gihugu buri mwaka.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima rivuga ko indwara zo mu maraso kenshi ari indwara ikomoka ku ndwara ya hemoglobine ndetse no kuzihererekanya mu muryango ibyo bita mu ndimi z’amahanga inheritance.
Indwara ziri kolonike akenshi ziva kuruhererekane rw’amaraso, nk’uko minisiteri y’ubuzima itangaza, imibare igaragaza ko abana 20,000 bavukana ziriya ndwara buri mwaka.
























