Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Uganda yarekuye abandi Banyarwanda 58 bamaze igihe bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko

Thursday 27 January 2022
    Yasomwe na

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Mutarama 2022, Uganda yaherereje Abanyarwanda 58 barimo abagabo 47, abagore batandatu n’abana batanu, hakiyongeraho n’undi muntu umwe ukomoka mu Burundi, bari bamaze igihe bafungiwe muri icyo gihugu mu buryo butemewe n’amategeko, bakiriwe ku mupaka wa Kagitumba.

Nubwo iki gihugu cyari gisanzwe kirekura buhoro buhoro Abanyarwanda cyafungiyeyo ku mpamvu zitarasobanuka neza ariko kuri ubu ibihugu byombi biri kugerageza kuzahura umubano umaze igihe urimo agatotsi.

Ibi byashimangiwe n’uruzinduko Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, aherutse kugirira mu Rwanda akaganira na Perezida Kagame.

Umubano w’ibihugu byombi wazambye ubwo u Rwanda rwatangazaga ko Uganda iri mu bikorwa byo gushyigikira abafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, mu gihe Uganda nayo yavugaga ko u Rwanda rufite ibikorwa by’ubutasi muri icyo gihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru