Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Uganda yarekuye abandi Banyarwanda 58 bamaze igihe bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko

Thursday 27 January 2022
    Yasomwe na

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Mutarama 2022, Uganda yaherereje Abanyarwanda 58 barimo abagabo 47, abagore batandatu n’abana batanu, hakiyongeraho n’undi muntu umwe ukomoka mu Burundi, bari bamaze igihe bafungiwe muri icyo gihugu mu buryo butemewe n’amategeko, bakiriwe ku mupaka wa Kagitumba.

Nubwo iki gihugu cyari gisanzwe kirekura buhoro buhoro Abanyarwanda cyafungiyeyo ku mpamvu zitarasobanuka neza ariko kuri ubu ibihugu byombi biri kugerageza kuzahura umubano umaze igihe urimo agatotsi.

Ibi byashimangiwe n’uruzinduko Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, aherutse kugirira mu Rwanda akaganira na Perezida Kagame.

Umubano w’ibihugu byombi wazambye ubwo u Rwanda rwatangazaga ko Uganda iri mu bikorwa byo gushyigikira abafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, mu gihe Uganda nayo yavugaga ko u Rwanda rufite ibikorwa by’ubutasi muri icyo gihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru