Rya siganwa ry’amagare riri ku rwego mpuzamahanga ryiswe Tour du Rwanda rizaba guhera tariki 2 kugeza tariki 09, Gicurasi, 2021.
Kugeza ubu ryashyizwe ku rwego rwa 2.1 ni ukuvuga ko ryazamutse ku rwego rw’uko abakinnyi mpuzamahanga baryitabira.
Ni isiganwa rigiye kuba bwa mbere mu Rwamda kuva icyorezo COVID-19 cyagera mu Rwanda.
Kugeza ubu ntiharatangazwa amabwiriza azagenderwaho mu gufasha abaturage kurireba no kurifana hatabayeho urwaho rwo kwanduzanya Coronavirusi, cyane ko Abanyarwanda bazwiho gufana igare byabuze urugero.
Ikizwi ni uko kugeza ubu buri munyarwanda asabwa gushyira intera nibura ya metero imwe hagati ye n’uwo bagiye guhura kandi bakabikora bose bambaye neza agaofukamunwa n’amazuru.
Gusa kuri uyu wa Kane tariki 15, Mata, 2021 nibwo hari kuba inama yiga uko ririya rushanwa ryazakorwa neza.

















