Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Umugabo wa Nyiraneza watumye ’Umukwikwi’ mu Kwibuka28 yatawe muri yombi

Wednesday 24 August 2022
    Yasomwe na

Urweo rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi umugabo wa Nyiraneza Esperance, umubyeyi uherutse kwirukanwa azira gutuma umutetsi (Umukwikwi) w’ikigo cy’ishuri kujya guhagararira ubuyobozi mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Baharakwibuye Jean, umugabo wa Nyiraneza akurikiranyweho gukora Jenoside mu 1994.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yavuze atuye mu mudugudu wa Dufatanye mu kagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu.

Yagize ati "Akekwaho gukora Jenoside aho mu gihe cya Jenoside, yishe umugabo witwa Sebunyoni Jean."

Yakomeje avuga ko uwo mugabo w’imyaka 52 yatangiye gukorwaho iperereza nyuma yuko habonetse umubiri wa Sebunyoni.

RIB ivuga ko bikekwa ko icyo cyaha yagikoreye mu mudugudu wa Busanganya mu kagari ka Gacurabwenge mu murenge wa Busasamana.

Kugeza ubu hari gukorwa dosiye y’ikirego kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha nabwo buzamureegere urukiko rubifitiye ububasha.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru