Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Umuhanzi Chriss Easy yahamagajwe na RIB ku nshuro ya kabiri

Monday 20 February 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Rukundo Nsengiyumva Christian, wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi nka "Chriss Eazy" araregwa na Musanze caves hotel kutubahiriza amasezereno bagiranye tariki ya 14 Mutarama 2023 ndetse byatumye iyi hotel igwa mu gihombo.

Mu masezerano uyu muhanzi yari yagiranye na Musanze caves ni uko yagombaga kuza gutaramira abakiriya b’iyi hotel ku itariki ya 14 Mutarama 2023, aho ndetse yagombaga kuzana na Band yitwa Galaxy music band birangira ataje yewe ngo ntiyegeze amenyesha abari bamutumiye impamvu yatumye atitabira igitaramo.

Abantu benshi bari baje kuri iyi hotel bategereje uyu muhanzi ukunzwe na benshi muri iyi minsi dore ko guhera ku isaha ya saa 18h00’ bari batangiye kwinjira. Kwinjira wabanzaga kwishyura ibihumbi 2000rwf mbere, bagakomeza gufata icyo kunywa n’icyo kurya bategereje uyu muhanzi Chriss Eazy kugeza saa 12h00’ z’ijoro amaso aheramu kirere.

Mukiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa bwiza.com, Tuyisenge Jean Marie Vianney ushinzwe ibikorwa bya Musanze caves hotel avuga ko uyu muhanzi yabahemukiye cyane ndetse atuma bitwa ba bihemu.

Ati: "Umuhanzi Chriss Eazy yaraduhemukiye cyane bitavugwa kuko twari twamenyesheje abantu hirya no hino ndetse twamanitse amatangazo mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, tuvuga ko igitaramo gitangira saa 18h00’ z’umugoroba kandi ko kwinjira ari ibihumbi 2000rwf, uyu muhanzi kandi mbere yo kuza gutaramira abitabiriye yagombaga kubanza kuri ENERGY RADIO mu kiganiro, ibi byose twabitakajeho amafaranga, arinako dutakaza ibindi bintu bidufitiye akamaro."

Yakomeje avuga ko basaba Chriss Eazy kubasubiza amafaranga ibihumbi 500.000rwf bari bamwohereje ndetse akongeraho n’indishyi kuko yahombeje ibintu byinshi cyane ko yatumye n’abakiliya babatakariza icyizere.

Ati: "Twarahombye kuko igitaramo cyari kuba tariki ya 14 Mutarama 2023 birangira kitabaye, twakoze amasezerano maze umuhanzi Chriss Eazy yanga kuyasinya atubwira ko azaboneka kandi ko tugomba kubanza kumwishyura amafaranga yose yadusabaga angana n’ibihumbi (500.000rwf) twayamuhaye twifashishije ikoranabuhanga kuko yatubwiraga ko ari mu gihugu cya Uganda kandi biragaragara mu butumwa bugufi dufite akimara kwakira amafaranga yahise atwemerera ko azaza ariko isaha n’umunsi bigeze turamubura."

Bakomeza bavuga ko nyuma y’ubu buhemu bakorewe n’uyu muhanzi Chriss Eazy, ngo basebeye imbere y’abakiriya ndetse ngo babasubiza amafaranga bari bishyuye kuko batiyumvishaga uburyo uyu muhanzi atabonetse.

Mu makuru mamaurwagasabo ifitiye gihamya ni uko Chriss Eazy yahamagajwe n’urwego rw’Igihugu ry’ubugenzacyaha (RIB ) ku nshuro ya Kabiri ko agomba kwitaba tariki ya 21 Gashyantare 2023 saa 9h30’ za mugitondo i Nyamirambo mu biro by’ubugenzacyaha.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru