Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Umuhuza Kenyatta yemeje ko imitwe y’inyeshyamba yemeye gushyira intwaro hasi

Thursday 1 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Samuel Mutungirehe

Umuhuza w’u Rwanda na Congo ku kibazo cy’umutekano muke umaze iminsi hagati y’ibihugu byombi, Wahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, yatangaje ko imitwe y’inyeshyamba iri mu Burasirazuba bwa Congo yemeye gushyira intwaro hasi.

Yabitangaje ku nshuro ya gatatu ubwo hongeraga kuba ibiganiro bihuje abafitanye ikibazo ku mutekano muke uri muri Congo, mu biganiro byabereye i Nairobi muri Kenya.

Yavuze ko abemeye gushyira intwaro hasi ari imitwe yose iri mu ntara ya Nord-Kivu, Sud-Kivu, Ituri, Maniema na Tanganyika.

Yagize ati: "Uyu munsi twumvise imitwe itandukanye iri hano. Nabahaye umwanya bafungura imitima yabo, buri umwe cyangwa umutwe ayoboye abona ibibazo bihari. Ibyiahimo byanjye ni uko buri mutwe udahakana kurambika intwaro hasi, kandi bose bemeye.

Hahati aho ariko iyo mitwe nayo yagize ibyo isaba ko byakorwa kugira ngo amahoro arambye agerweho muri utwo turere niramuka ishyizwe hanze.

Kenyatta yagize ati: "Ariko hari ibintu tugomba kurebaho, tukareba niba baramutse bashyize intwaro hanze ari bwo amahoro arambye dushaka yaboneka."

Nubwo avuga ibyo iyo mitwe y’inyeshyamba yamwemereye, kugeza ubu Umutwe ushyirwa mu majwi cyane, wa M23 wo uracyatsimbaraye ko utashyira intwaro hasi mu gihe n’ibyo biganiro byabaye utigeze utumirwa ngo uhabwe umwanya uvuge icyo wifuza kuri Leta ya Congo bafitanye amasezerano asa n’amasinde atarimye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru