Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri yemeje ko ingamba zose zisanzweho mu gihugu zirimo na gahunda ya Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali zikomeza gukurikizwa kuva tariki ya 3 kugeza ku wa 7 Gashyantare 2021.
Guhera tariki ya 8 Gashyantare 2021 abari mu Mujyi wa Kigali bazajya bava mu muhanda guhera saa 7h00 ingendo zitangire saa 4h00, amashuri yose hiyongereyeho na Kaminuza bizakomeza gufunga.
Ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’intara kimwe n’izihuza uturere zirabujijwe kerete izitwaye ibiribwa n’ibinyobwa.
Mu mujyi wa Kigali ingendo zo mu modoka bwite z’abantu ziremewe, izitwara abantu rusange ziremerewe ariko zigatwara 50% by’abo zisanzwe zitwara nabwo bambaye udupfukamunwa.
Moto n’amagare nabyo biremewe gutwara abagenzi hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda covid-19.
Resitora na caffe zizakomeza kugeza ibyo kurya ku bantu batiriwe bazicaramo, utubari natwo tuzakomeza gufunga.
Ahasigaye mu gihugu hose ingendo zirabujijwe guhera saa moya z’umugoroba kugeza saa kumi z’igitondo, ingendo zihuza uturere zirabujijwe, amashuri azakomeza gukora hubahirizwa amabwirizwa yo kwirinda gukwirakwiza corona.
Insengero zizakomeza gufunga, amateraniro rusange, ubuwe, inama, kwiyakira birabujijwe.
Gutwara abantu kuri moto n’amagare biremewe mu gihe utubari dukomeje gufunga. Abitabiriye ikiriyo ntibagomba kurenga 10, my gihe abagiye gushyingura batarenga 15.
Imikino yo gutega by’amahirwe ikomeje gufungwa.

















