Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Umuntu wa 20 mu Rwanda yishwe na COVID-19

Tuesday 8 September 2020
    Yasomwe na

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umubyeyi w’imyaka 70 yabaye umuntu wa 20 wishwe na COVID-19 mu Rwanda, mu gihe abandi bantu 30 basanzwemo ubu burwayi mu bipimo 3253 byafashwe mu masaha 24 ashize.
Imibare yatangajwe kuri uyu wa Kabiri yatumye umubare w’abamaze kwandura Coronavirus mu Rwanda uba 4439, mu gihe abakize biyongereyeho 36, baba 2307. Bivuze ko abakirwaye ari abantu 2112.

Kugeza kuri uyu wa 8 Nzeri hamaze gufatwa ibipimo 447603.

Minisiteri y’Ubuzima ikomeje gushishikariza abantu kurushaho gufata ingamba zo kwirinda, mu gihe hari icyizere ko mu gihe cya vuba hashobora kuboneka urukingo rwa COVID-19, nubwo ku bijyanye n’umuti, ubushakashatsi bushobora kuba bukiri inyuma.

Kuri uyu wa Mbere Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel yabwiye abanyamakuru ko iyi ndwara mu gihugu ihari kandi igenda irushaho kugaragara ahantu hatandukaye, kenshi ubwandu bukibasira abantu bakorera ahatwikiriye kandi hafunganye.

Yakomeje ati “Ni uguhozaho rero kuko mu minsi iri imbere, mu mezi atatu ari imbere urukingo rushobora kuboneka, abantu nibihangane tugeze kuri kiriya gihe inzego zacu z’ubuzima zitaremerewe cyane, kandi tugumya kubitaho neza.”

Kugeza ubu abantu bakomeje kuzahazwa n’iki cyorezo mu Rwanda ni ababa basanganywe ibindi bibazo by’ubuzima nk’indwara zidakira zirimo diabete, umuvuduko w’amaraso cyangwa umubyibuho ukabije.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru