Kuri uyu wa Kabiri Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Indonesia batoye itegeko ryimurira Umurwa Mukuru mu Mujyi wa Nusantara muri Kalimantan, aho kuba Jakarta nk’uko byari bisanzwe.
Kalimantan iherereye mu Burasirazuba bw’ikirwa cya Borneo. Izina rishya ry’Umurwa Mukuru risobanuye ‘umwigimbakirwa’ mu rurimi rwo muri icyo gihugu.
Nusantara ahateganyijwe kwimurirwa Ingoro y’Umukuru w’Igihugu
Jakarta ahasanzwe Umurwa Mukuru wa Indonesia
Kwimura Jakarta, byatewe n’ibibazo by’imyuzure byari bikunze kwibasira uwo mujyi, ndetse raporo nyinshi mpuzamahanga zigaragaza ko bitari kera ako gace gashobora kurengerwa n’amazi kakibira mu nyanja.
Indi mpamvu ni uburyo Jakarta yari ituwe cyane ku buryo byabangamiraga gahunda z’iterambere n’ibikorwa remezo bihagije.
Mu 2019 niwo mwaka Perezida Joko Widodo yari yaravuze ko Umurwa Mukuru uba wimuwe ariko byaje gukomwa mu nkokora n’impamvu zirimo iki cyorezo ariko umugambi uteganyijwe mu 2024.
The Guardian dukesha iyi nkuru yatangaje ko ubuso bw’Umurwa Mukuru mushya buzaba bungana na kilometero kare 2,561. Ni agace kari kagizwe ahanini n’amashyamba karemano.



















