Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ruvuga ko umusaruro ukomoka mu Bubukerarugendo ukomeje kwiyongera kubera mu mezi atandatu ashyize muri uyu mwaka wa 2023 ubukerarugendo bwinjije miliyoni $247, nukuvuga ko ari asaga miliyari 290 Frw.
Ni mu gihe u Rwanda, Inshuti z’u Rwanda abanyacyubahiro batandukanye bitegura kwifatanya n’u Rwanda mu kwita izina ku nshuro ya 19 abana 23 bavutse, umuhango uteganyijwe tariki ya 1 Nzeri 2023 aho bisanzwe ubera mu karere ka Musanze, mu murenge wa Kinigi.
Ni abana 23 b’ingagi bavutse mu mezi 12 ashize, uyu muhango uba buri mwaka watangiye Kuva mu 2005 , abana b’ingagi bamaze guhabwa anazina bose hamwe bagera kuri 374.
U Rwanda rukomeje imyiteguro yo kwakira abantu b’ingeri zitandukanye barimo abasanzwe babarizwa mu nzego zo kurengera inyamaswa n’urusibe rw’ibinyabuzima, abanyacyubahiro batandukanye inshuti z’u Rwanda n’abandi barimo n’Abanyarwanda bazwi mu bikorwa bitandukanye.
Muri uyu muhango kandi hazagaragazwa imbaraga n’umuhate u Rwanda rushyira mu bikorwa byo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ndetse hazagaragazwa n’uburyo ubukerarugendo bushingiye ku ngagi bukomeje kuzamuka.
Mu mezi atandatu ashize y’uyu mwaka wa 2023 u Rwanda rwinjije miliyoni 247$ aturutse mu bukerarugendo, mu gihe uyu mubare wazamutse ku kigero cya 56% ugereranyije n’umwaja ushize wa 2022, kuko hinjiye miliyoni 158$.
Madamu Clare Akamanzi ni Umuyobozi wa RDB ,yagaragaje uburyo umusaruro ukomoka mu bukerarugendo by’umwihariko ubushingiye ku ngagi ari bwo bwinjije amafaranga menshi, ndetse yashimye ko uru rwego ruzakomeza kuzamuka.
Yagize ati: "Umusaruro ukomeje kuzamuka, ndetse abaturage bazabyungukiramo birushijeho, abakerarugendo na bo bazanyurwa kurushaho kandi n’ingagi ziri kwaguka kuko abafatanyabikorwa bose bagira uruhare mu bikorwa bya buri munsi byo kuzibungabunga no kuzitaho, ndetse u Rwanda ruzakomeje kwagura uru rwego rw’ubukerarugendo binyuze mu bindi bikorwa bireshya abashyitsi birimo ubukerarugendo bushingiye ku nama (MICE) ndetse n’ubushingiye ku bikorwa bya siporo."
Umuhango wo Kwita Izina bigira uruhare mu bikorwa byo guhindura imibereho myiza y’abaturiye za pariki aho bagerwaho n’inyungu ituruka mu bikorwa by’ubukerarugendo.
Miliyari 10 Frw niyo yashowe mu mishinga irenga 1000 yegereye Pariki ya Akagera, Nyungwe, Ibirunga na Gishwati-Mukura ndetse byatumye abaturiye amapariki bahabwa akazi.
Ni umuhango kenshi ukunze kwitabirwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, aho abantu baturutse ku isi hose baba bitabiriye uyu muhango.
























