Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Urukiko Rwanze ko Umutungo w’Umuryango wa Rwigara Ugurishwa

Thursday 30 September 2021
    Yasomwe na

Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi mu Rwanda ruherereye i Nyamirambo rwemeye kwakira ubujurire bwatanzwe na Premier Tobacco Company, LTD. Iyi ni sosiyete y’umuryango wa nyakwigendera Assinapol Rwigara.

Umucamanza Kwibuka Jean Luc yavuze ko ubujurire "bwatanzwe mu buryo bwubahirije amategeko, rubusuzumye, rusanze bufite ishingiro kuri bimwe’’.

Urukiko rwemeje ko imikirize y’urubanza rwajuririwe, uko rwaciwe n’Urukiko rw’Ubucuruzi, kuwa 16/09/20121, iteshejwe agaciro. Rwakijije kandi rutegeka ko Urukiko rw’Ubucuruzi rwakira iki kirego cyihutirwa cya PTC gisaba urukiko kwemeza ko uruhushya rwo kugurisha umutungo utimukanwa uri mu Kiyovu ya Nyarugenge muri Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda, rwahawe banki y’ubucuruzi, COGEBANK, rwatanzwe mu buryo budakurikije amategeko.

Ni icyemezo cyasomwe nta muburanyi uhari mu rwego rwo kwirinda icyorezo Covid-19.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru