Kuri uyu wa kabiri urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwanzuye ko Madamu damange Yvonne Iryamugwiza akomeza afungwa by’agateganyo ku mpamvu zikomeye z’uko hagikorwa iperereza, kugira ngo ibyo akurikiranyweho adakomeza kubikomeza no kugira ngo ataba yatoroka.
Mme Idamange yari afungiye i Remera, Urukiko rwategetse ko ajyanwa gufungirwa muri Gereza ya Nyarugenge ya Mageragere.
Mu rwego rw’amategeko ariko afite iminsi itanu yo kujuririra icyo kemezo. Isomwa ry’uwo mwanzuro ryabaye Idamange adahari ahubwo ahagarariwe n’abamwunganira mu mategeko, ndetse n’Ubushinjacyaha bwari buhagarariye.
Idamange ashinjwa ibyaha birimo gushishikariza rubanda guteza imvururu n’imidugararo.
Foto/Sam Ngendahimana

















