Urukiko rusomeye Rusesabagina ko inzitizi yatanze ko rudafite ububasha bwo kumuburanisha kandi ari umunyamahanga nta shingiro ufite.
Umwanzuro w’Urukiko umaze gusomwa uvuga ko ibyo Rusesabagina yavuze ko atagombye kuburanishwa n’u Rwanda kuko atari Umunyarwanda nta shingiro bifite.
Taarifa iri gukurikirana uru rubanza yanditse ko Urukiko rwemeje ko rufite ububasha bwo kumuburanisha kuko ibyaha akurikiranyweho yabikoreye ku butaka bw’u Rwanda kandi itegeko rivuga ko agomba kubikurikiryanwaho yaba ari Umunyarwanda cyangwa Umunyamahanga.

















