Abarwanyi b’ihuriro rifasha ingabo za RDC, Wazalendo bambuye ibice umunani bya teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa RDC.
Nyi intsinzi bakuye mu mirwano yo ku wa Gatatu, tariiki ya 9 Mata 2025, hagati y’abarwanyi ba Wazalendo n’ab’umutwe wa AFC/M23 ufite ibice binini by’Intara za Kivu zombi za DR Congo.
Teritwari ya Kalehe iri inyuma y’ikirwa cya Idjwi, wahuranyijemo hagati yacyo.
Amasoko atandukanye yabwiye Radio Okapi ko byo bice byigaruriwe na Wazalendo biri muri groupement ya Mbingam muri Chefferie ya Buhavu.
Iyo ntsinzi kandi yavuye mu mirwano imaze iminsi itatu iremereye hagati y’ingabo za M23 na Wazalendo.
Ibindi bice cyane cyane byegereye ikibuga cy’indege cya Kavumu nabyo bisanzwe byarigaruriwe na M23 byahawe imbuzi ko ari byo bikurikiyeho mu kuza gusubiranwa na Leta ya DRC ibifashijwemo n’aba Wazalendo, mu gihe ingabo za Leta ubwazo zananiwe gutsinsura M23.



















