Ibikorwa byo kwiyamamariza kujya mu Nteko, ishyaka riharanira kwishyira ukizana kwa buri muntu (Parti Liberal) ryabihereye mu murenge wa Base muri Rulindo bizeza ko nibabona imyanya mu Nteko Ishinga amategeko izahindura bimwe muri politiki y’ibyiciro by’Ubudehe.
Abakandida ba PL bayivuze imyato ku ruhare rwabo mu kubaka u Rwanda aho rugeze ubu, ngo barashaka kongera uwo musanzu no kwihutisha u Rwanda kurushaho.
PL ibyo yakoze ngo bishingiye ku mahame yo kwishyira ukizana, ubutabera n’amajyambere, ibyo bifuza gukora ubu ngo bishingiye ku nkingi z’imiyoborere myiza, ubukungu n’imibereho myiza.
Hon Donatille Mukabalisa umuyobozi w’iri shyaka ati “Icyo twifuza ni uko ibyiciro by’ubudehe bitashingirwaho muri gahunda zindi kuko ubundi ibyiciro by’ubudehe ni ibirebana n’igenamigambi, ubwo rero byari bikwiye gufasha mu buryo hakorwa igenamigambi ariko ntibishingirweho n’izindi gahunda zose nko gushyira abanyeshuri mu mashuri kuko gushyira umwana mu ishuri byari bikwiye gushingira ku bushobozi aho gushingira ku kiciro cy’ubudehe arimo, n’izindi gahunda zitandukanye z’ubuzima.”
PL kandi ngo izaharanira ko iby’ibyiciro by’ubudehe butunganywa neza bikanozwa kurusha uko bimeze ubu kugira ngo bifashe igihugu mu igenamigambi.
Ngo nibatorwa bakajya mu Nteko abadepite ba PL bazaharanira ko nibura buri mudugudu mu Rwanda ugira poste de sante.
Ngo bazaharanira kandi ko imihanda ya kabirimbo ikomeza kongerwa n’indi mihanda myiza kugira ngo abantu babashe guhahirana neza kurushaho.
Hon Mukabalisa abwira aba Rulindo ati “umuhanda wa Nyacyonga – Mukoto igihe tuzaba twageze mu nteko tuzaharanira ko ingengo y’imari yawo iboneka kugira ngo abatuye Rulindo babashe guhahirana n’utundi turere”
Arakomeza ati “Tuziko hano umurenge wa Kinzuzi udafite ikigo nderabuzima nitugera mu nteko tuzaharanira ko icyo kigo nderabuzima ndetse n’inzu abagore babyariramo (maternite) ya Kinzuzi byubakwa, ababyeyi bajye babasha kugera ku buvuzi badakoze ingendo ndende”
Ishyaka PL umuyobozi waryo niwe waruyoboye inteko yashejwe (irangije manda), rifite abakandida 80 bari kwiyamamariza ku mwanya w’abagize Inteko nshingamategeko.

















