Ikipe ya APR FC yaraye yirukanye umutoza wayo DARCO Novic ndetse n’abungiriza be. Ni nyuma y’ibiganiro hagati y’impande zombi.
DARCO Novic kuva ageze muri APR FC yayihaye igikombe cy’Amahoro, ndetse ayisize ku mwanya wa Kabiri muri shampiyona, aho ikurikira mukeba wayo Rayon Sports.
Harabura imikino itatu shampiyona ngo irangire, iyi kipe ya APR FC igiye kuba iri gutozwa na Ndoli Mugisha, Ngabo Albert na Didier Bizimana.
Ikipe y’igihugu SHE Amavubi y’abatarengeje imyaka 20, uyu munsi muri Kigali Pele Stadium saa cyenda, iraza kwakirwa na Zimbabwe mu mukino wo kwishyura, mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizaba muri 2026.
Mu mukino ubanza U Rwanda rwari rwatsinze Zimbabwe ibitego 2-1. Kwinjira biraza kuba ari ubuntu uyu munsi.
Asaga miliyoni 183 niyo ikipe ya As Kigali itarishyura abakinnyi bayo ndetse na staff. Ku munsi wejo nibyo abakinnyi banze gukora imyitozo.
I Burayi
La Liga yaraye ikomeje ndetse uyu munsi hari indi mikino.
Real Valladolid 0-1 Girona
Real Sociedad 0-1 Celta Vigo
Sevilla 1-0 Las Palmas
Uyu munsi saa tatu n’igice ikipe ya Real Madrid iraza kwakira Mallorca. Real ntabwo ifite Vini, Militao, Camavinva, Alaba, Rudiger, Tchouameni, Vazquez, Carvajar, Rodrygo na Mendy.
Muri Coppa Italia uyu munsi ni final, saa tatu AC Milan iracakirana na Bologna.
Ikipe ya Man United iracyari mu biganiro na Matheus Cunha ukinira Wolves ndetse akaba akomoka muri Brazil, bidahindutse yazaba umukinnyi wa Man United muri season itaha.
Jonathan Tah umudage ukinira Bayern Leverkusen, ari mu biganiro na Bayern Munich, impande zombi ziri kuganiro ku bijyanye n’umushahara.
























