Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abasirikare babiri bo ku ipeti rya colonel gisirikare cya Congo, FARDC, bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare rw’Intara ya Kivu ya Ruguru bashinjwa kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Bunagana.
Hashize amazi ane uyu mujyi uri ku mupaka na Uganda hamwe n’uduce two hafi yawo mu karere ka Rutshuru, byigaruriwe n’umutwe wa M23 wirukanye ingabo za leta.
Col Désiré Lobo na Col Jean-Marie Diadia wa Diadia bari bakuriye imitwe y’ingabo za FARDC, bararegwa ibyaha bine nk’uko BBC ibivuga.
Ibyaha baregwa ni uguhunga imbere y’umwanzi, Guta imbunda n’amasasu, Kurenga ku mabwiriza, Kwigabiza ibya rubanda.
Ntibiramenyekana neza niba Lobo na Diadia wa Diadia bahakana cyangwa bemera ibyaha baregwa.
Bivugwa ko aba basirikare, ubu bafunze, bombi bari bakuriye ibikorwa bya gisirikare muri ako gace ubwo umujyi wa Bunagana wafatwaga.
Bashinjwa gutuma Bunagana ifatwa ubwo bataga intwaro ndetse n’imodoka z’ingabo za leta mu maboko ya M23.
Ubwo uyu mujyi wafatwaga amashusho yagaragaje bamwe mu ngabo za DR Congo bambuka umupaka wa Bunagana bahungira muri Uganda.
Aba basirikare bahunze baje gusubizwa iwabo biciye mu bifatanye bw’ibihugu byombi.
Radio Okapi ivuga ko mu iburanisha ryabaye kuwa gatatu ushize, abunganira abaregwa basabye ko barekurwa by’agateganyo kuko “barwaye bikomeye”.
Aba basirikare bafunze kuva muri Nyakanga(7), urubanza rwabo ruzakomeza kuwa gatatu w’iki cyumweru, nk’uko Radio Okapi ibivuga.
Ibyaha baregwa bibahamye bashobora gukatirwa igihano cy’urupfu.
Mu mpera z’icyumweru gishize umuvugizi w’umukuru w’intara ya Kivu ya Ruguru yavuze ko ingabo ziteguye gutera M23 zikisubiza ibice izi nyeshyamba zafashe.
M23 nayo yasohoye itangazo inenga ko leta “idashaka inzira y’ibiganiro” kandi ko ibona ingabo za leta zirimo kwitegura kubatera, ko nabo biteguye “gusubiza ibyo bitero”.




















