Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Nyama ya Coup d’Etat Lt Col Damiba yemeye kuva ku butegetsi

Monday 3 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Perezida wa Burkina Faso, Lt Col Paul-Henri Damiba wakorewe Coup d’Etat ku wa Gatanu, yemeye kurekura ubutegetsi.

Ubu Burkina Faso iyobowe na Capitaine Ibrahim Traoré, ndetse yakiriye ubwegure bwa Perezida Lt Col Paul-Henri Damiba.

Lt Col Paul-Henri Damiba si we watangaje ko yeguye ahubwo byavuzwe n’abayobozi b’amadini n’abategetsi b’amoko atandukanye atuye Burkina Faso abo bita Leaders coutumiers.

Kwegura kwa Lt Col Damiba gukurikiye ibikorwa byibasiye Ambasade y’Ubufaransa n’ibindi birango byabwo muri Burkina Faso, babushinja kumuhisha

Abayobozi b’amadini muri Burkina Faso basamye itangazo ririmo kwegura kwa Lt Col Damiba, bavuga ko yabikoze agamije kugabanya ingaruka zashoboraga kuba haba ku bantu no ku bikorwa remezo iyo atemera kurekura ubutegetsi.

Lt Col Damiba yasabye ibintu birindwi bigomba kubahirizwa, harimo kumumenyera umutekano, kwemera gukomeza inzira y’ubwiyunge, no kwemera ko ubutegetsi buzasubizwa abasivile mu gihe cy’imyaka ibiri.

Ni inshuro ya kabiri mur Burkina Faso habaye Coup d’Etat mu gihe kitageze ku mwaka, muri Mutarama 2022, uyu Lt Col Damiba yahiritse ku butegetsi Roch Kaboré amushinja ko yananiwe guhangana n’imitwe ya kisilamu yica abantu.

Kuri iki cyumweru, Capitaine Ibrahim Traoré ari mu kimodoka cy’intambara, yiyeretse abaturage bo kumurwa mukuru Ouagadougou arinzwe cyane, ariko abaturage benshi bagaragaza ko bamushyigikiye.

Burkina Faso imaze kubamo ihirikwa ry’ubutegetsi ku ngufu inshuro 8 kuva ibonye ubwigenge mu 1960.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru