Monday . 30 June 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Akamaro k’igi mu gufasha umwana gukura mu gihagararo

Saturday 29 July 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

Inyigo zakozwe zitadukanye mu bushakashatsi zerekana ko igi rimwe ku munsi rishobora gufasha umwana gukura neza mu gihagararo no gufasha abana bafite ibibazo by’imirire mibi kuyisohokamo vuba.

Igi ryaba ritogosheje cg ritetse umureti, yose agira akamaro ko gufasha umwana gukura.

Igi rimwe ku munsi ku mwana uri hagati y’amezi 6 n’9 mu gihe kingana n’amezi 6 bishobora gufasha umwana gukura neza mu gihagararo no kumurinda kugwingira nkuko ubushakashatsi bubyerekana.

Kudakura neza k’umwana cg kugwingira (stunting) bishobora kuba mu myaka 2 ya mbere y’ubuzima bwe; birangwa n’uko umwana aba ari muto cyane ugereranyije n’imyaka ye, akenshi iyo bibaye ntibishobora guhindurwa.

Mu bintu bitandukanye bishobora gutuma umwana adakura neza, ku mwanya wa mbere haza imirere mibi cg kutarya na rimwe, hakurikira indwara z’abana ndetse na infections zitandukanye, zishobora kubangamira imikurire ye.

Nkuko byerekanwa na OMS/WHO, umwana 1 mu bana 4 mu bari munsi y’imyaka 5 bafite ikibazo cyo kugwingira; kuba bato ugereranyije n’imyaka yabo. Bikunze kwibasira cyane cyane abana bo muri afurika yo munsi y’ubutayu bwa sahara na aziya.

“Amagi ni ifunguro ry’ingenzi, igihe umwana atangiye guhabwa ifashabere, gusa ntibigomba kuba mbere y’amezi 4. Amagi agomba gutekwa neza agashya neza mu rwego rwo kwirinda infections ashobora gutera” ibi ni ibitangazwa na Prof Mary Fewtrell, umuhanga mu byerekeye imirire y’abana, mu kigo Royal College of Pediatrics and Child health.

Icyo Unicef Rwanda ibivugaho

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru