Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Barindwi basize ubuzima mu gitero Uburusiya bwagabye ku biro bya Guverinoma

Tuesday 29 March 2022
    Yasomwe na

Harabarurwa abantu barindwi basize ubuzima mu gitero ingabo z’Uburusiya zagabye ku nyubako ya Guverinoma iri mu mujyi wa Mykolaiv uherereye mu Majyepfo ya Ukraine.

Perezida wa Ukraine, Volodmyr Zelensky, yahise avuga ko usibye abo bahasize ubuzima hari n’abandi barenga 20 bakomeretse.

Ni igisasu cyo mu bwoko bwa Rocket cyaje gisekura inyubako ya Guverinoma ku isaha ya saa 6h00 ku isaha ngengamasaha GMT, hari ku isaha ya saa 9h00 aho muri Ukraine.

BBC yanditse ko abayobozi n’abatabazi barimo gushakisha abandi bantu baba bakomerekeye muri iyo nyubako.

Icyo gitero cy’Uburusiya kuri iyo nyubako ya Guverineri, Vitaliy Kim, wari udahari ubwo iyo nsanganya yabaga. Iyo nyubako kandi yakoreragamo Guverineri y’intara ya Mykolaiv ari nayo yitiriwe uwo mujyi.

Abakora ubutabazi bwihuse bavuze ko bahise babona abantu 22 bakoretsekeye muri icyo gitero.

In a video address to the Danish Parliament, Mr Zelensky condemned the attack: "There were no military targets in Mykolaiv. The people of Mykolaiv posed no threat to Russia. And despite this, like all Ukrainians, they became the targets of Russian troops, rockets, air bombs, grenades, mines."

Muri video Perezida Zelensky yahaye Inteko ishinga amategeko y’Abadage, mu gahinda kenshi yavuze ko "Ntabwo ari igitero kiiganime igisirikare muri Mykolaiv. Abaturage ba Mykolaiv nta terabwoba bashyira ku Burusiya. Kandi ikirenze icyo nk’abandi banya-Ukraine bose bahindutse igipimo ku ngabo z’Uburusiya, ku bitero byabo, ibisasu, bombe, na gerenade na mine zo mu butaka."

Guverineri w’Intara ya Mykolaiv, Vitaliy Kim, nawe yagarutse ku bugome bw’Abarusiya muri iki gitero, avuga ko bahengereye abakozi bose bamaze kugera mu kazi mu gitondo babona kubateraho igisasu cyashwanyaguje inyubako mu buryo bukomeye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru