Ubutegetsi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwahagaritse ubucuruzi bw’inyama ziva mu Rwanda no mu Burundi nyuma yuko hadutse icyorezo kirimo kwibasira amatungo uyariye kikaba cyamuhitana.
Iki cyemezo Kivu y’Amajyaepfo yegereye u Burundi igifashe nyuma yuko yumvise i Bujumbura bavuze ko icyorezo cy’Umuriro mwinshi mu matungo, Fievre Jaune, cya Lift valley gifata amatungo kigeze mu Burundi.
Vincent Muhigirwa Sangwa ushinzwe iby’amatungo, uburobyi n’ubuhinzi yavuze ko iyo ndwara ikwirakwira hagati y’amatungo n’andi, atari hagati y’abantu kandi yica ikigeretseho itarabonerwa umuti.























