Umunyapolitiki Moise Katumbi Chapwe n’undi Martin Fayulu bihuje ngo bahirike Perezida Felix Tshisekedi Chilombo ku butegetsi ariho muri manda ya kabiri aherutse kubatsindamo.
Byatangajwe na Prince Epenge akaba umwe mu banyapolitiki ukorana hafi na Martin Fayulu.
Yavuze ko kuri uyu wa Gatandatu taliki 07, Ukuboza, 2024 nibwo abo banyapolitiki bahuriye ahitwa Genval mu Bubiligi baganira kuri iyo ntego.
Epenge yakoze amashusho ayashyira kuri X na Facebook, ayashyiramo iby’ingenzi bikubiye mu biganiro abo bagabo bagiranye.
Kuri we, ubwo bufatanye burenze inyungu za Politiki ahubwo ni uburyo bwo kwerekena ko bakunda igihugu.
Avuga ko indi ngingo abo bagabo bemeje ari uko bazatambamira gahunda ya Perezida Tshisekedi yo guhindura Itegeko Nshinga, umushinga watangiye kuvugwaho cyane mu ntangiriro z’umwaka wa 2024.
Igitanagzamakuru JeuneAfrique cyanditse ko aba bagabo bombi baba bafite ubwoba ko Tshisekedi namara ghi ndura itegeko nshinga bizatuma asubira ku butegetsi mu 2028 ubwo bazaba bagiye mu matora ataha.
Prince Epenge avuga ko igikenewe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ari uguhindura ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi aho guhindura Itegeko Nshinga.
Tshisekedi ngo niwe ubangamiye imibereho myiza y’abaturage, akabasaba kwihuza bakamwamagana, byarimba bakamukura ku butegetsi.
Martin Fayulu (ibumoso) na Moïse Katumbi bicaye muri château du Lac de Genval, muri Belgique, ltariki ya 7 Ukuboza 2024. © DR



















