Yanditswe na Nimugire Fidelia
Perezida wa Gabon, Ali Bongo Ondimba yakuyeho Minisiteri y’ibikorwaremezo imaze iminsi yinubiwe kenshi n’abaturage, kubera kutagira icyo ikora mu gusana imihanda yo mu byaro.
Itangazo ryasomwe na Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko Perezida Ondimba atishimiye uburyo iyo Minisiteri isa nk’aho ntacyo ikora mu gusana cyangwa kubaka imihanda mishya yoroshya ubuhahirane mu baturage.
Inshingano z’iyo Minisiteri zabaye zimuriwe mu biro bya Minisitiri w’Intebe.
Gabon ni igihugu gifite amikoro ahagije, igaturwa na miliyoni ebyiri z’abaturage. Muri Afurika iza ku mwanya wa gatanu mu bicukura peteroli nyinshi.
























